U Rwanda rugeze ku ntambwe ishimishije mu guhangana n’igituntu

Kuri uyu wa 24 Werurwe 2026 u Rwanda rwifatanyije n’isi yose kwizihiza umunsi mpuzamahanga wo kurwanya igituntu. Insanganyamatsiko y’uyu mwaka igira iti: “Twese hamwe turandure igituntu”.

Igituntu kiri mu ndwara 10 za mbere zihitana abantu benshi ku isi kikaba kandi kimwe mu byuriririzi bikunze kuzahaza abafite ubwandu bwa virusi itera SIDA.

Imibare y’ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku buzima (OMS) yo muri 2024, yagaragaje ko ku isi hari abasaga miliyoni 10,7 barwaye indwara y’igituntu, ihitana miliyoni 1,23 barimo ibihumbi 150 by’abari bafite virusi itera SIDA.

Mu Rwanda umubare w’abarwayi b’igituntu wagiye ugabanuka uva kuri 238 ku bantu 100,000 mu mwaka wa 2000 ugera kuri 62 ku bantu 100,000 mu mwaka wa 2024.

Umubare w’abahitanwa n’indwara y’igituntu na wo wagiye ugabanuka uva kuri 77 ku bantu 100,000 mu mwaka wa 2000 ugera kuri 3.4 ku bantu 100,000 mu mwaka wa 2024 (Global TB Report 2025).

Mu rwego rwo kugabanya imfu ziturutse ku ndwara y’igituntu ndetse n’umubare w’ abandura cyangwa abarwara indwara y’igituntu, Leta y’u Rwanda yakoze ibi bikurikira:

•Kongera uruhare rw’abajyanama b’ubuzima mu gukangurira abaturage kwirinda indwara y’igituntu no kuyisuzumisha hakiri kare, aho abangana na 27% by’abarwayi bose mu gihugu bazanywe n’abajyanama b’ubuzima. Banafasha no mu gukurikirana abarwayi babyifuza bafatira imiti y’igituntu mu midugudu iwabo.

Abajyanama b’ubuzima bashishikarizwa gukomeza gukangurira abaturage kwirinda indwara y’igituntu

•Ibikoresho bigezweho byashyizwe mu bitaro byose n’ibigo nderabuzima bimwe na bimwe bipima indwara y’igituntu mu gihe gito (Genexpert machines).

•Gahunda yihariye yo gushakisha igituntu mu byiciro by’abantu bafite ibyago byinshi byo kwandura iyi ndwara (abagororwa, abakora mu birombe by’amabuye y’agaciro, n’abandi) hifashishijwe ibyuma bifata amafoto y’ibihaha (“X-ray”) kandi bifite ikoranabuhanga ryunganira abaganga.

•Imiti yose ikenewe mu kuvura indwara y’igituntu itangirwa ubuntu, kandi iyi ndwara iravurwa igakira.

•Umuco wo gukoresha ikoranabuhanga warimakajwe mu mavuriro yose mu rwego rwo gukurikirana abarwayi no gukora isuzumabikorwa; ndetse n’abajyanama b’ubuzima batangiye gukoresha telefone zigezweho zirimo iryo koranabuhanga mu gusuzuma indwara zitandukanye, n’igituntu kirimo.

N’ubwo u Rwanda rwateye iyi ntambwe ishimishije, urugamba rwo kurandura igituntu rurakomeje kuko hakiri imbogamizi zijyanye n’imyumvire iboneye kuri iyi ndwara.

Ubushakashatsi ku mibereho n’ubuzima bwa 2020 (DHS7) bwagaragaje ko 68% bonyine by’ababajijwe ari bo bafite ubumenyi ku buryo indwara y’igituntu yandura, ibimenyetso byayo, ndetse n’uburyo bwo kuyirinda.

Ibi bikaba bigaragaza ingamba zikenewe mu kongerera abaturage ubumenyi. Indwara y’igituntu yibasira abantu bafite ubudahangarwa buke bw’umubiri bigatuma umubiri wabo ucika intege.

Umuntu wese ugize inkorora igejeje cyangwa irengeje ibyumweru ashishikarizwa kujya kwa muganga kugira ngo asuzumwe ndetse vitabweho hakiri kare.

👉 https://x.com/i/status/2036096272189313083

Naomi Irakoze Mugaragu.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *