Gicumbi: Bashimiye Perezida wa Repubulika n’urubyiruko rwabaremeye
Ubwo habaga inteko rusange y’inama y’igihugu y’urubyiruko, ku nsanganyamatsiko igira iti ‘Uruhare rw’urubyiruko mu kubaka u Rwanda twifuza mu cyerekezo 2050.’ Abagize iyi nteko baremeye abatishoboye, babaha amabati mu rwego rwo kubafasha kubona aho batura hatunganye. Abahawe aya mabati bashimiye uru rubyiruko ndetse bashimira na Perezida wa Repubulika. Nyiramariro Gaudence wo mu murenge wa Cyumba,…

